Skip to main content Skip to page footer
A Rwanda Government Website

Hatangajwe burundu Ibyavuye mu matora yo gusimbura Umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga amategeko

Komisiyo y'Igihugu y'amatora yatangaje burundu ibyavuye mu matora yo gusimbura Umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Ishinga amategeko.

Ni amatora yabaye tariki 02 Nzeri 2026, mu cyumba cy'inama cy'akarere ka Gasabo. Abakandida biyamamaje bari 53 kuri 54 bari bemejwe, ariko umwe yakuyemo kandidatire mbere gato y'umunsi w'itora.

Ni amatora yafashe hafi umunsi wose, nyuma yaho Komisiyo y'Igihugu y'Amatora yatangaje by'agateganyo  ibyayavuyemo.

Nk'uko biteganywa n'Itegeko rigenga amatora, Uyu munsi rero nibwo hatagajwe burundu ibyavuye muri ayo matora, aho Bwana NIYONSHUTI Ben ariwe warushije abandi amajwi akaba ariwe  watsinze amatora .